'Igitero rutura' cy'Uburusiya ku murwa mukuru Kyiv cyishe abantu nibura 12

    • Umwanditsi, Harry Sekulich
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Urukurikirane rw'ibitero bya misile Uburusiya bwagabye mu ijoro ryacyeye byishe abantu nibura 12 mu murwa mukuru Kyiv no mu karere kawukikije, nkuko abategetsi bo muri Ukraine babivuga.

Ikigo cya Ukraine cy'ubutabazi bwihuse (DSNS) kivuga ko inyubako y'amacumbi hamwe n'abahikwa ibikoresho n'ibicuruzwa binyuranye hombi harashweho muri icyo "gitero rutura" cyo ku wa kane. Abantu nibura 34 bakomerekeye muri ibyo bitero.

Abategetsi barimo kwihutira kureba niba hari uwo batabara waba waheze munsi y'inyubako zashenywe, abakora ubutabazi bakaba bamaze kurokora umuntu umwe bamukura mu byasenyutse.

Hagati aho, Romania yatangaje ko indege nto y'intambara itajyamo umupilote (drone) yinjiye ku butaka bwayo inyuze ku mupaka wo mu majyaruguru ihana na Ukraine, bituma habaho kuvuza impuruza yo kuburira ko hashobora kuba igitero cyo mu kirere.

Umukuru w'umujyi wa Kyiv, Vitali Klitschko, yavuze ko ibitaro by'abana byangirikiye muri ibyo bitero byo mu ijoro ryacyeye, amadirishya akaba yamenetse ndetse n'imodoka zigashya hafi aho.

Yavuze ko agace k'inganda ko mu karere ka Solomyanskyi, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Kyiv, na ko karashweho ibisasu bya misile.

Guverineri w'akarere ka Kyiv, Tymur Tkachenko, yavuze ko igitero mu karere ka Brovary, kari mu karere kagutse ka Kyiv, cyishe umugabo umwe ndetse gikomeretsa undi.

Mbere yaho nijoro, ubutegetsi bw'akarere bwari bwasohoye ubutumwa bwo kuburira abahatuye bubasaba kujya ahagenewe kwikinga. Ubwo butumwa bwakomeje bugira buti: "Ibikorwa byo kurinda ikirere birashoboka muri aka gace."

Ibyo bitero byo mu kirere by'Uburusiya bwaraye bitumye ingo zibarirwa mu bihumbi zibura umuriro w'amashanyarazi, ibice bimwe bya Kyiv bijya mu mwijima. Abasana ibyangiritse bari barimo gusiganwa no kongera gutuma umuriro ugaruka.

Mu byumweru bya vuba aha bishize, Kyiv yagiye yibasirwa n'ibitero hafi buri joro, amajoro amwe akicirwamo ndetse agakomerekeramo cyane abantu bose hamwe babarirwa muri za mirongo.

Ibitero bibiri, byabaye mu bihe bitandukanye, Ukraine yagabye ku Burusiya muri iki cyumweru byishe abantu nibura 16, barimo umwana umwe.

Nubwo ibitero ku Burusiya ku ruhande rumwe bigamije kongera igitutu kuri Moscow ngo ijye mu biganiro by'amahoro byo kurangiza iyi ntambara imaze imyaka ine n'igice, nta ntambwe nini yatewe mu bikorwa bya dipolomasi bigamije kugera ku masezerano y'agahenge.

Impande zombi zishinjanya kugaba ibitero ku basivile.

Uburusiya bwatangiye igitero gisesuye kuri Ukraine muri Gashyantare (2) mu mwaka wa 2022, ndetse ubu bugenzura hafi kimwe cya gatanu cy'ubutaka bwa Ukraine – ahanini mu turere tw'umupaka two mu burasirazuba.