Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Aimable Karasira, washinje FPR-Inkotanyi ubwicanyi, yari muntu ki?
Yatangiye kumenyekana yiga muri Kaminuza y'u Rwanda i Butare mu majyepfo y'u Rwanda mu ntangiriro z'imyaka ya 2000, nk'umunyeshuri w'umuhanga mu ishami rya siyanse ya za mudasobwa, w'ibisage ku mutwe, ariko kandi utitwara nk'abandi kuri uwo musozi ubaho kaminuza uzwi nka Ruhande.
Karasira, ntiyavugaga menshi, yakundaga kuba ukwa wenyine ariko agasabana kandi agakundana cyane n'abakinnyi ba Karate kuri Kaminuza, umukino yari afitemo umukandara w'umukara.
Nk'umunyeshuri w'umuhanga ariko wabonekaga nk'ufite imibereho idasa n'iyabandi kuri kaminuza, yari afite byinshi arwana na byo mu mutwe we. Ibi byaje kumenyekana imyaka myinshi nyuma mu rubanza rwe.
Nk'umunyeshuri w'umuhanga warangije afite amanota meza, yabonye umwanya wo kwigisha muri Kaminuza y'u Rwanda.
Professor Nigga
Iterambere ry'imbuga nkoranyambaga mu Rwanda ryaje gutuma uwari umunyeshuri udasanzwe i Butare amenyekana mu Rwanda nk'umuhanzi wa Rap na Reggae y'amagambo akakaye.
Indirimbo ze nka Cishwaha, Carte Rouge, cyangwa Turi ku Rugendo zakuruye amatsiko ya benshi kubera amagambo azirimo abahanzi benshi mu Rwanda badatinyuka gukoresha.
Ibyo byari nk'intangiriro yo kwamamara kwe, ariko kandi n'umusaraba we.
Mu mpera za 2013 yafunguye 'channel' kuri YouTube yise 'Ukuri Mbona', ibiganiro yacishijeho n'ibyo yatangaje ku zindi 'channels' z'abandi nibyo Ubushinjacyaha bw'u Rwanda bwahereyeho bumurega.
Professor Nigga nk'izina ry'ubuhanzi yari afite yumvikanye kandi atanga ibitekerezo birwanya ingingo nko kubyara abana, gushaka umugore no kubaka umuryango.
Kunenga ubutegetsi na FPR-Inkotanyi
Karasira yavukiye i Rwaniro mu karere ka Huye ariko akurira mu mujyi wa Kigali aho yize amashuri abanza n'ayisumbuye muri Lycée de Kigali, mbere yo gukomereza muri Kaminuza y'u Rwanda. Yize kandi 'Software Engineering' muri Sweden.
Mu biganiro bye, Karasira wapfuye ari hafi kuzuza imyaka 49 yakunze kumvikana avuga ko Jenoside yabaye mu Rwanda yamugizeho ingaruka zikomeye, akavuga ko yiciwe n'impande zombi.
Yavugaga ko Interahamwe zishe abo mu muryango we n'ingabo za APR z'ishyaka FPR icyo gihe nazo zikica ababyeyi be n'abavandimwe be babiri.
Yashimangiraga ko Abahutu biciwe ababo mu bwicanyi bwo kwihorera badahabwa umwanya wo kuvuga no kunamira ababo, akabyita "akarengane kagambiriwe" gakorwa n'ishyaka riri ku butegetsi.
Muri Kanama(8) 2020 ubwo ibiganiro bye kuri YouTube byavugwagaho cyane mu Rwanda, Kaminuza y'u Rwanda yakoreraga nk'umwalimu muri Koleji y'Ubumenyi n'Ikoranabuhanga yaramwirukanye imushinja "imyitwarire mibi mu kazi".
Mu gitondo cyo ku wa mbere tariki 31 Gicurasi(4) 2021 Karasira yahamajwe n'urwego rw'iperereza ku byaha (RIB), nk'uko yabitangaje. Ntabwo yongeye kugaruka mu rugo.
Mbere yo kwitaba RIB, yavuze ko hari ibikorwa byabanje byo kumushinja ibyaha hakoreshejwe ibitangazamakuru bibogamiye kuri leta, ati: "…bamara kukwereka [kukunenga mu ruhame] abantu bose noneho bagakora ibyo bashaka."
Yafunzwe hashize amasaha macye kuri internet hatangijwe inyandiko isaba (petition), y'abavuze ko bitwa 'Umurinzi Initiative', basaba ko we n'umunyamakuru Agnès Uwimana bakurikiranwa.
RIB yatangaje kuri X ko Karasira aregwa "guhakana no guha ishingiro jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 n'icyaha cyo gukurura amacakubiri" mu biganiro yari "amaze iminsi atanga ku mbuga nkoranyambaga".
Mu manza ze za mbere, Karasira yavuze ko yakomeje kugirirwa nabi aho afungiye kuko yanze gusiba ibiganiro bye kuri YouTube channel ye.
Miliyoni zirenga 100 n'uburwayi bwo mu mutwe
Inzira ndende zo kuburana gufungwa no gufungurwa by'agateganyo, hamwe n'urubanza ku buzima bwe bwo mu mutwe byafashe hafi imyaka ibiri.
Byageze aho mu 2022 Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge i Kigali ruvuze ko rudafite ububasha bwo kuburanisha urubanza rwa Karasira.
Karasira yavuze ko yari afunze "mu buryo bubi cyane" muri Gereza ya Kigali kandi ibyo byongereye ibibazo by'uburwayi bwo mu mutwe yari afite ndetse bikamutera ihungabana (trauma) ikomeye.
Urukiko rwategetse abaganga b'indwara zo mu mutwe kumusuzuma, maze raporo yabo yo mu 2023 yemeza ko koko afite uburwayi bwo mu mutwe ariko ubwo burwayi "butamwambuye ubushobozi bwo gutekereza", maze bituma atangira kuburanishwa ku byaha ashinjwa.
Hagati aho umutungo w'amafaranga, amadorari, n'ama-Euro yose hamwe asaga miliyoni 100, nk'uko Karasira yabivuze, wari kuri banki no mu rugo rwe, warafatiriwe.
Iki kibazo cyateje impaka ubwo yasabaga uburenganzira kuri ayo mafaranga ngo ashake umwunganira mu mategeko ashaka.
Gusaba imbabazi n'iherezo ry'urubanza
Mu rubanza rwe mu mizi Karasira yakomeje guhakana yivuye inyuma ibyaha aregwa. Ariko mu mpera z'umwaka ushize ibintu byarahindutse.
BBC yamenye amakuru yo kumvikana hagati y'uruhande rw'uregwa n'uruhande rumurega kugira ngo Karasira arekurwe.
Muri Nyakanga(7) ishize ubwo urubanza rwe rwaganaga ku musozo, mu buryo bwatunguranye kuri benshi,Karasira yagize ati: "Ndasaba ikigongwe".
Icyo gihe yagize ati: "Umuntu waba yarakomerekejwe n'amagambo navuze akayumva ukundi, ndetse n'umuryango Nyarwanda, nkaba mvuze ngo 'ndasaba ikigongwe' uwo byakomerekeje wese".
Yongeyeho, ati: "Umunyarwanda wese yumve ko njyewe ntafite intego yo gucamo abantu ibice no guhakana jenoside kandi nzi neza ingaruka yangizeho".
Ibi byari nk'iherezo ry'urubanza rwe n'urufunguzo rwo kumurekura agasohoka muri gereza.
Hashize amezi abiri, urukiko rwahise rumukatira gufungwa imyaka itanu, n'ubundi yaburagaho amezi arindwi. Byari nko kumurekura ngo atahe.
Iherezo rye ku isi
Mu gitondo cy'ejo ku wa gatatu ibinyamakuru mu Rwanda byatangaje ko Karasira arekurwa na gereza ya Kigali iri i Mageragere kuri uwo munsi.
Igicamunsi, amasaha kenshi abarekurwa basohokera nyuma y'ibibanza kuzuzwa muri gereza, cyarangiye nta nkuru yo gusohoka kwe.
Mu ijoro ni bwo BBC Gahuzamiryango yamenye amakuru ko Karasira Aimable yajyanywe mu ivuriro ry'imbere muri gereza mbere yo kwihutanwa ku bitaro bya Nyarugenge bitari kure cyane y'i Mageragere.
Mu gitondo cya none, mu gihe BBC yari imaze kumva inkuru ikomeye no kubaza umwunganizi we mu mategeko niba ari ukuri cyangwa ari impuha, urwego rushinzwe amagereza mu Rwanda (RCS) rwahise rusohora itangazo ryo kubika.
RCS ivuga ko Karasira yajyanywe kwa muganga nyuma yo gufatwa "anywa ingano irengeje igipimo cy'imiti ye y'uburwayi asanganywe".
Nta ruhande rwigenga rurakora iperereza kuri ibi byatangajwe. Gusa RCS ivuga ko itegereje "raporo y'abaganga ku cyateye uru rupfu".
Icyatumye Karasira atarekurwa mu masaha ya kare, ibyabaye muri gereza igihe 'yafatwaga anywa imiti', n'ibyabaye mu gihe cy'urupfu rwe, n'igihe nyacyo yapfiriye. Hari ibibazo byinshi bitarasubizwa ku rupfu rwe, bizasubizwa cyangwa ntibisubizwe.